00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yahakanye gushinga Ikigo cya Gisirikare muri Zambia

Yanditswe na ⁠Ishimwe Hervine
Kuya 30 June 2024 saa 03:19
Yasuwe :

Umuyobozi w’Urwego rw’Ingabo za Amerika rushinzwe Umugabane wa Afurika, AFRICOM, General Michael Langley, yavuze ko Amerika idafite gahunda yo gushinga icyicaro cy’ingabo zayo muri Zambia, nubwo ibihugu byombi bimaze iminsi bifite imikoranire myiza cyane cyane mu bijyanye n’ibya gisirikare.

Ibi bije nyuma y’uko Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, abwiye Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ko Amerika yifuza gushinga Ikigo cya gisirikare muri Zambia kugira ngo irusheho gukanira Zimbabwe, cyane ko isanzwe yarayishyiriyeho ibihano by’ubukungu.

General Langley yavuze ko ibyo bidashoboka, ati "Twongereye imibanire nabo mu by’umutekano, ariko nta cyicaro cy’ingabo zacu ziriyo."

Amerika ifite ibigo by’ingabo zayo ahantu harenga 750 ku rwego rw’Isi, ku migabane yose. Afurika ni hamwe mu hantu izi ngabo ziri, nubwo umubare w’izihari ari muto ugereranyije n’indi migabane nk’u Burayi na Aziya y’Amajyepfo.

Amerika isanzwe ifite ibigo bya gisirikare ahantu harenga 700 ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages