00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yashyize igitutu kuri RDC cyo gutegura amatora bitarenze 2018

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 October 2017 saa 05:47
Yasuwe :

Mu ruzinduko yagiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley, yasabye ko amatora muri iki gihugu ategurwa bitarenze umwaka utaha wa 2018.

Ni mu gihe Komisiyo y’Amatora muri iki gihugu yo ivuga ko ashoboka mu 2019.

Mu kiganiro yagiranye na Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, kuri uyu wa Gatanu, Nikki Haley yagize ati “ Amatora agomba kuba mu 2018 bitabaye ibyo, RDC ntizongera gutegereza inkunga za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje agira ati “ Ntituzatera inkunga ingengabihe itagaragaza ko amatora azaba mu 2018.”

Kugira ngo ibi bishoboke, Nikki Haley yavuze ko impande zitandukanye zigomba gushyiramo ingufu ari na ho yasabye inama y’abasenyeri kugaragaza uruhare rwayo.

Uru ni rwo rugendo rwa mbere Nikki yari agiriye ku mugabane wa Afurika. Yageze i Kinshasa kuwa 25 Ukwakira, asura ibice bitandukanye birimo Goma ahari inkambi z’impunzi, bikaba byari biteganyijwe ko ahura na Perezida Kabila kuri uyu wa Gatanu.

Manda ya kabiri ya Joseph Kabila yarangiye ku itariki 19 Ukuboza 2016 aho amatora yagombaga kuba mu mpera z’uwo mwaka ariko akagenda yimurwa.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka leta yatangaje ko itabona ingengo y’imari ingana na miliyari 1.8$ yo gukoresha amatora.

Urukiko rw’ikirenga rwategetse ko akomeza Perezida Kabila akomeza kuyobora kugeza mu 2018. Ibi byatumye abaturage bategura imyigaragambyo mu bihe bitandukanye yanaguyemo abantu batari bake.

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages