00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yateguje RDC ibihano, amatora natagenda neza

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 December 2023 saa 07:16
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yateguje ko izafatira ibihano abazagira uruhare mu migendekere mibi y’amatora ya Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ateganyijwe mu cyumweru gitaha.

Ambasade ya Amerika yatangaje ko ishyigikiye Abanye-Congo ku bw’amahitamo y’ugomba kubayobora bagiye gukora, nyuma y’igihe kiri hafi y’ukwezi bamaze bumva gahunda abakandida biyamamaza babafitiye.

Yakomeje ivuga ko itegereje kubona buri Munye-Congo uzatora abikora mu mutuzo, nta bwoba afite bwo kugirirwa nabi bitewe n’umukandida yahitamo, kandi ngo abakandida bose barasabwa kwirinda imvugo ziteza umwuka mubi n’urugomo, mu gihe haba ikitumvikanweho, kigomba gukemurwa hashingiwe ku mategeko.

Mu gihe amatora atagenda neza, iyi Ambasade yateguje ko Amerika izatanga ibihano birimo kwambura bamwe uburenganzira bwo guhabwa ‘Visa’.

Ambasade ya Amerika muri RDC yatangaje ko mu cyumweru gitaha, amahanga yose azaba ahanze amaso iki gihugu mu gihe kizaba kiri mu bihe by’amateka, akurikirana buri kintu cyose kizaba kihabera.

Biteganyijwe ko aya matora azaba tariki ya 20 Ukuboza 2023. Mu bakandida bazahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu harimo Perezida Félix Tshisekedi, Moïse Katumbi, Martin Fayulu, Denis Mukwege, bose bafatwa nk’abanyembaraga muri politiki ya RDC.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages