00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angola: Imyigaragambyo yatewe n’izamuka ry’igiciro cya peteroli yapfiriyemo bane

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 30 July 2025 saa 06:34
Yasuwe :

Imyigaragambyo ikaze yatewe n’izamuka rikabije ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli muri Angola, yapfiriyemo abantu bane, abandi barenga 500 batabwa muri yombi.

Polisi ivuga ko yifashishije ibikoresho byo guhosha imyigaragambyo yabereye mu Mujyi wa Luanda, birimo imyuka iryana mu maso n’amasasu yarashwe mu kirere.

Guverinoma ya Angola iherutse kuzamura igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli hafi ku gipimo cya 30% nyuma yo kugabanya ‘Nkunganire’ yageneraga abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Iki cyemezo cyatumye ibiciro by’ingendo n’ibiribwa bizamuka cyane, abaturage baracyamagana. Abashoferi batwara abagenzi bahagaritse akazi iminsi itatu mu rwego rwo kwigaragambya.

Abaturage na bo batangiye imyigaragambyo tariki ya 28 Nyakanga 2025, bafunga imihanda, batwika imodoka, biba amaduka mu bice bitandukanye bya Luanda birimo Rocha Pinto na Kalemba.

Muri rusange, amaduka 45, imodoka bwite 25 na bisi 20 zitwara abagenzi byangijwe n’abigaragambya, ndetse hari abashakaga gutera na banki.

Umuvugizi wa Polisi ya Angola yavuze ko ibikorwa byo kwangiza ibikorwaremezo n’ubutunzi bw’igihugu bitazihanganirwa, asaba abaturage kwirinda imyitwarire irimo urugomo.

Polisi ya Angola ihanganye n'abigaragambya kuva tariki ya 28 Nyakanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages