00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angola yikuye mu Muryango w’ibihugu bicuruza peteroli

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 December 2023 saa 09:06
Yasuwe :

Angola yikuye mu muryango mpuzamahanga w’ibihugu bicuruza peteroli n’ibiyikomokaho, OPEC, bitewe n’ubwumvikane buke yagiranye na byo bushingiye ku nyungu.

Minisitiri w’umutungo kamere, peteroli na gaz muri Angola, Diamando Azevedo, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2023 yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko igihugu cye cyivanye muri OPEC, kubera ko cyasanze nta nyungu gikura muri uyu muryango.

Diamando yagize ati “Twumva ko Angola ishingiye ku kuba ntacyo yungukira mu gukomeza kuba muri uyu muryango no mu kurinda inyungu zayo, yafashe icyemezo cyo kuwuvamo.”

Angola yinjiye muri uyu muryango mu 2007. Iwuvuyemo ikurikiye ibindi bihugu bikungahaye kuri peteroli birimo Qatar na Ecuador, byo bimaze imyaka igera ku 10 biwusohotsemo.

Ibihugu bigize OPEC byari bisanzwe bitunganya utugunguru twa peteroli tugera kuri miliyoni 27 ku munsi. Angola ku ruhande rwayo, itunganya miliyoni 1.1 ku munsi.

OPEC isigaranye ibihugu 12 birimo Arabie Saudite, Venezuela, Iran, Iraq, Kuwait byayishinze mu 1960. Ni umuryango wari usanzwe utunganya 30% bya peteroli yose Isi itunganya.

Angola yikuye mu muryango mpuzamahanga w’ibihugu bicuruza peteroli n’ibiyikomokaho, OPEC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages