Lazarre Makaya uhagarariye Congo Brazzaville muri AU yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatandatu nyuma y’ibiganiro by’iminsi itatu bagiranye na leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo bigamije guhuza impande zombi zimaze igihe kinini zishyamiranye.
Makaya atangaza ko bazakora ibishoboka byose bakagarura umwuka mwiza mu Burundi.
Ati “ Ubwigenge bw’igihugu bugomba kubahirizwa. Ikindi ni ukureba uko ibintu byifashe muri iki gihe. Leta yakoze ibikorwa bitari bike ku buryo ntawabiveba ariko haracyari ibigomba gukorwa kugira ngo umwuka mwiza ugaruke mu gihugu."
Makaya yavuze ko hari ibindi bikorwa bigikenewe kugira ngo u Burundi bugire umutekano kurushaho.
Ati “ Ubu icyo dusaba ni uko haza abahanga mu bya giririkare n’abashinzwe kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Ubu ntitukiri kuri cya cyifuzo cya MAPROBU cy’abasirikare ibihumbi bitanu. Biterwa n’uko hari ibirimo kugenda bihinduka buke buke. Uko ibintu byari bimeze mu minsi ishize si ko bikiri ubu, ni cyo gituma natwe duhinduka ku byavuzwe.”
Uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bishimiye iyoherezwa ry’ingabo mu Burundi ntabwo bishimiye icyemezo cyo gukumira iyoherezwa ry’izi ngabo bishobora guca intege bamwe.
Umukuru w’ishyaka Sahwanya Frodebu, Léonce Ngendakumana, yavuze ko impamvu zari zaratumye hafatwa umwanzuro wo kohereza izo ngabo mu Burundi zigihari, ku buryo abo basirikare ngo bakenewe.
Abagize ako kanama ubu kayobowe n’u Burundi bamaze igihe basura icyo gihugu cyavuzwemo ibibazo by’umutekano muke byatangiye nyuma yuko Perezida Pierre Nkurunziza atangaje ko aziyamamariza manda ya gatatu itarumviswe kimwe hagati ye n’abatamushyigikiye.



















TANGA IGITEKEREZO