Aba baturage bavuze ko mu nzira bari kunyuramo bagenda, bari kuraswaho na ba mudahusha ba Israel bagapfa, igituma bari gutinya guhunga banyuze mu nzira rusange, bamwe bagahitamo guca mu nzira zigoranye, rimwe na rimwe zitanemewe.
Ingabo za Israel zirimo kuva mu gace ka Shujayea gaherereyemo imwe mu Nkambi nini muri Gaza yakira abaturage bahunze intambara, aho zisize ibice byinshi by’aka gace byarangiritse, nk’uko byatangajwe na bamwe mu baturage bo muri ako gace.
Ku rundi ruhande, Impuguke z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ziherutse gushinja Israel kwicisha abaturage inzara, ibirego Israel yamaganye ku rwego rukomeye ivuga ko bitabayeho, ahubwo bivugwa n’abagamije kwerekana ko ari yo kibazo, aho kuba Umutwe wa Hamas.
Icyakora amakuru avuga ko Israel iri gutekereza uburyo yagabanya Ingabo mu gace ka Gaza ndetse bikavugwa ko iri kwitegura kwinjira mu biganiro na Hamas bishobora gutuma iyi ntambara irangira mu minsi ya vuba, cyane ko iyi ntambara imaze guhitana abarenga ibihumbi 37.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!