00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ban Ki-moon ahangayikishijwe n’ubwicanyi buri kubera mu Burundi

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 7 November 2015 saa 09:31
Yasuwe :

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki-moon, yatangaje ko ahangayikishijwe bikomeye n’ubwicanyi buri kubera mu Burundi, dore ko hakomeje kugaragara imirambo myinshi y’abasivire bishwe.

Ban Ki-moon yatangaje ibi mu gihe umuhungu wa Pierre-Claver Mbonimpa,umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi yishwe kuri uyu wa gatanu.

Mu itangazo ryasohowe Ban Ki-moon yagize ati ‘ Nanone uyu munsi, umuhungu wa Pierre-Claver Mbonimpa uharanira uburenganzira bwa muntu yishwe, nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi i Bujumbura.Ubu bwicanyi bukomeje kwiyongera bukwiye guhagarara.’

Umunyamabanga mukuru wa LONI yongeye kugaruka ku nshingano z’abashinzwe umutekano, ahamgarira ubuyobozi guca umuco wo kudahana.

Akaba yakomeje guhamagarira imitwe ya politike yose yo muri icyo gihugu, inzego z’ubuyobozi, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari mu gihugu no hanze yacyo, gufatanyirizahamwe guca burundu amagambo ahembera urwango, bagafatanyiriza hamwe guharanira amahoro.

Ban Ki-moon yahamagariye abarundi bose gufatanya na guverinoma yabo mu kubaka amahoro yo isubizo cy’ibibazo bafite.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages