Ahagana mu mpera z’umwaka ushize nibwo umutekano n’uburenganzira bw’abakozi b’iyi banki byahungabanye ari nabyo byatumye yimura abakozi bayo muri Ethiopia.
Perezida wa AfDB, Dr. Akinwumi Adesina,yagiriye uruzinduko i Addis Ababa aganira na Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed, kuva ku wa 29 kugeza ku wa 31 Ukuboza 2023.
Ibi biganiro ngo byatanze umusaruro ndetse umuti w’ibibazo byari bihari uraboneka.
Minisitiri w’Intebe yasabye imbabazi mu izina rya Guverinoma ya Ethiopia anatanga icyizere ko umutekano n’umudendezo bya banki n’abakozi bayo, uburenganzira bwa muntu n’ubudahangarwa byabo bizubahirizwa hamwe n’amasezerano Banki yagiranye n’igihugu cyayakiriye.
Banki yatangaje ko guverinoma yayemereye gukora iperereza no kugaragaza raporo y’ibyabaye n’ababigizemo uruhare bakabibazwa.
Guverinoma kandi yemeye gufatanya na banki mu bikorwa by’icukumbura ku kibazo cy’amafaranga yagombaga koherezwa muri banki ariko akaburirwa irengero.
Iyi banki yashimye umuhate wa Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed, watumye haboneka ibisubizo nyuma y’amakimbirane hagati y’impoande zombi.
Banki Nyafurika y’Iterambere ifite imishinga igera kuri 22 irimo gushyira mu bikorwa muri Ethiopia, ifite agaciro ka miliyari 1,24 z’amadolari.
Nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi hagamijwe gukemura ibibazo byabaye, AfDB yiyemeje gusubiza ibintu mu buryo muri Ethiopia, abakozi bayo bo ku rwego mpuzamahanga bagasubizwa muri iki gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!