Nyuma y’aho kuri uyu wa Gatanu i Nyabugogo hatewe igisasu cyo mu bwoko bwa Gerenade, abantu batandatu muri 32 bari bahakomerekeye ni bo basigaye mu bitaro nk’uko inzego z’umutekano zibitangaza.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ACP Theos Badege, yatangaje ejo tariki ya 27, abantu batandatu baracyari mu bitaro, batanu mu bya CHUK, na ho umwe akaba ari mu bitaro bya gisirikare bya Kanombe bakomeje kwitabwaho.
Iki gitero cyabaye ku wa gatanu ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 50 z’umugoroba, ahitwa kuri Marathon muri Nyabugogo, cyahitanye abantu 3, babiri bakaba baraguye aho ako kanya na ho umwe agwa mu bitaro. Abagera kuri 32 barakomeretse bakaba barahise bajyanwa kwa muganga kwitabwaho. Muri aba bose 26 bamaze gusezererwa.
Urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rugaragaza ko kugeza ubu, abantu batatu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare muri iri terwa rya Gerenade.
Nyuma y’iryo terwa rya gerenade, Abanyarwanda basabwe na Polisi y’igihugu gutuza, bagakomeza imirimo yabo ya buri munsi, mu gihe iperereza rikomeje hashakishwa abagize uruhare muri iki gikorwa ngo bagezwa imbere y’ubutabera.



















TANGA IGITEKEREZO