00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bujumbura yambuwe kwitwa umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi

Yanditswe na Habimana James
Kuya 23 December 2018 saa 01:49
Yasuwe :

Inama y’Abaminisitiri mu Burundi yafashe icyemezo gitunguranye cy’uko umurwa mukuru wa politiki uvanwa Bujumbura ukajyanwa mu Ntara ya Gitega.

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza, Jean-Claude Karerwa Ndenzako, yagize ati “Leta y’u Burundi yafashe umwanzuro wo kugira Gitega Umurwa Mukuru mu bya politike, Bujumbura ukaba Umujyi w’ubukungu.”

Kuva mu mwaka utaha, Inama y’abaminisitiri izajya iteranira muri Gitega.

Jean-Claude Karerwa Ndenzako kandi yavuze ko kuva muri Mutarama 2019, Minisiteri eshanu zizavanwa i Bujumbura zijyanwe i Gitega, aho zizahasanga Sena imaze iminsi ihimuriwe.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho mu mwaka wa 2007, Perezida Nkurunziza avuze ko Gitega izagirwa umurwa mukuru.

Gusa ngo kuva mu myaka 11 Nkurunziza avuze ibi, nta kigeze gikorwa muri Gitega kigaragaza ko yagombaga kuba umurwa mukuru mu bya politike.

Kuva Bujumbura ujya i Gitega bisaba gukoresha amasaha arenga abiri, hakaba hangana na kilometero 99.1.

RFI yavuze ko kugeza ubu Gitega ukiri mu mujyi mito kuko utuwe n’abaturage ibihumbi 30 gusa, ukaba nta nganda ugira, amahoteli make, amaresitora n’inzu zo gukodesha bikaba ari bike.

Ikindi kibazo gihari ni uko ngo hafashwe icyemezo cyo guhita bimura izi minisiteri, mu gihe ibikoresho zakoreshaga byose bitarategurwa.

Ku mbuga nkoranyambaga, abantu bakomeje kwibaza impamvu mu gihe cyashize, Perezida Nkurunziza yubakishishije ibiro bya Perezida ku kayabo k’amadorali mu Mujyi wa Bujumbura, mu gihe yari azi neza ko agiye kwimura umurwa mukuru.
Bujumbura ubu ituwe n’abaturage miliyoni 1.2, ni umujyi wagize iterambere nyuma y’aho abakoloni b’Abadage bageze muri aka karere mu mwaka w’1889.

Nyuma y’intambara ya mbere y’isi, Bujumbura yagizwe icyicaro cy’abakoloni b’Abibiligi, hitwa Usumbura. Iri zina ryaje guhindurwa riva kuri Usumbura ryitwa Bujumbura ubwo u Burundi bwabonaga ubwigenge mu mwaka w’1962.

Kuva iki gihugu cyabona ubwigenge, Bujumbura yakomeje kuba agace karangwamo imirwano hagati y’Abahutu n’Abatutsi, ukaba ukiri mu Mijyi itaratera imbere.

Ibindi bihugu bifite imijyi wa Politiki n’iy’ubukungu

Ibindi bihugu bifite imijyi y’ubukungu na politiki, birimo Benin , aho Umujyi wa Porto-Novo ari uwa politiki, Cotonou ukaba Umujyi w’ubucuruzi, Côte d’Ivoire ifite Yamoussoukro nk’umujyi wa politiki, Abidjan ukaba Umujyi w’ubukungu naho Nigeria yemeza ko Abuja na Lagos igira ibi byombi.

Ishusho ya Gitega yajyanywemo umurwa mukuru wa politiki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages