00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burkina Faso: Gen.Gilbert Diendéré mu bakekwaho kwica Thomas Sankara

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 7 December 2015 saa 02:52
Yasuwe :

Gen.Gilbert Diendéré, wari umugaba mukuru w’ingabo mu gihe cya Perezida Blaise Compaoré, arashinjwa ubufatanyacyaha mu rupfu rwa Capitaine Thomas Sankara wishwe ahiritswe ku butegetsi kuwa 15 Ukwakira 1987.

Gen.Gilbert Diendéré agomba kwisobanura ku ruhare rwe mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wo guhirika ku butegetsi no kwica Capitaine Thomas Sankara n’abandi bantu 12 bari kumwe ku wa 15 Ukwakira 1987.

Mu gihe hemezwaga iby’uruhare rwa Gen.Gilbert, umuburanira mu mategeko Mathieu Somé yavuze ko yiteguye kuburanira umukiriya we kuri ibyo birego, nk’uko RFI yabitangaje.

Mu kiganiro n’amanyamakuru giheruka mu Kwakira, umuyobozi mukuru w’urukiko rwa gisirikare yemeje ko uwari perezida wa Burkina Faso Blaise Compaoré n’ukuboko kwe kw’iburyo Gen.Gilbert Diendéré, bagomba gukurikiranwa ku kibazo cy’urupfu rwa capitaine Sankara.

Umuryango wa Sankara ndetse n’umwungnanizi mu mategeko bategereje ibizava mu isizuma rya ADN ryakozwe ku mubiri wa Thomas sankara, ufatwa nk’umubyeyi w’impinduramatwara muri Burkina Faso. Uyu mwunganizi mu mategeko yari yatangaje ko mu isuzuma ryakozwe ku murambo byagaragaye ko Thomas Sankara yarashwe amasasu mu gihe cy’ihirikwa ry’ubutegetsi.

Icyo gihe abagera ku 10 batawe muri yombi by’umwihariko abari mu barinda umukuru w’igihugu, ariko Gen. Gilbert Diendéré ntiyigeze ashyirwa mu majwi mu buryo bweruye nk’umwe mu bagize uruhare mu rupfu rwa Capitaine Thomas Sankara.

Gen.Gilbert Diendéré, wari umugaba mukuru w'ingabo mu gihe cya Perezida Blaise Compaoré
Gen.Gilbert Diendéré agomba kwisobanura ku ruhare rwe mu iyicwa rya Thomas Sankara
Capitaine Thomas Sankara afatwa nk'umubyeyi w’impinduramatwara muri Burkina Faso
Thomas Sankara yashyinguwe mu irimbi ry'ahitwa Dagnoën mu murwa mukuru Ouagadougou

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages