00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Abagera kuri kimwe cya kabiri bafunzwe binyuranyije n’amategeko

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 30 November 2023 saa 09:20
Yasuwe :

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi yatangaje ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abari mu magereza muri iki gihugu bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Initiative des Droits Humains au Burundi: IDHB) watangaje ko iperereza wakoze ryagaragaje ko bamwe barengeje igihano bakatiwe ariko ntibarekurwa, abandi bakaba barageretsweho ibyaha bya politiki ndetse hakaba n’abarengeje imyaka itanu bataraburana.

Abo bagwiriyemo abayoboke b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi nka CNL n’abagize uruhare mu myigaragambyo yo kwamagana manda ya gatatu ya Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida.

Umushakashatsi wa IDHB, Carina Tertsakian yabwiye Ijwi rya Amerika ko abo bantu babita abibagiranye kuko nta n’umwe ukibitayeho.

Ati “Bagombye kuba baraburanye bagatsinda imanza ariko baguma mu buroko. Ni ukutubahiriza amategeko birenze urugero.”

Undi muryango witwa ACAT-Burundi na wo ukunze gukora igenzura mu magereza, watangaje ko abafungiye impamvu zidafatika barenga kimwe cya kabiri.

Umucamanza wavuganye n’Ijwi rya Amerika yavuze ko amaze gukora amadosiye menshi y’imanza zikurikiranywemo abantu baregwa ibyaha by’ibihimbano, abitegetswe n’abo mu ishyaka riri ku butegetsi.

Ati “Maze gukora amadosiye menshi y’imanza twohererezwa n’ishyaka riri ku butegetsi, bakatuzanira urutonde rw’abantu n’ibyaha tubashyiraho nko gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, guhungabanya umutekano w’umukuru w’igihugu n’ibindi.”

Amagereza 11 ari mu Burundi arimo imfungwa zirenga ibihumbi 11 mu gihe afite ubushobozi bwo kwakira abatarenga 4200.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages