00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi:Abantu 20 barimo n’abasirikare barindwi baburanishijwe ku byaha byo kwiba intwaro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 January 2017 saa 01:32
Yasuwe :

Abasivile 12, abasirikare barindwi n’umupolisi umwe bagejejwe mu rukiko rw’ibanze rwa Muyinga ku wa 25 Mutarama aho bakurikiranyweho ibyaha byo kwiba intwaro mu kigo cya gisirikare cya Mukoni mu Burengerazuba bw’u Burundi.

Inkuru ya RFI ivuga ko abasirikare bafatiwe mu bigo bine bya gisirikare na ho abasivile bose bakaba bataragaragarijwe abacamanza.

Umushinjacyaha yasobanuye ko hagombye kuba aharafashwe abantu benshi kuko abagize aka gatsiko k’abajura bari mu bigo byinshi bya gisirikare.

Abatangabuhamya babwiye RFI ko aba basirikare bari mu kaga ko gukorerwa iyicarubozo kugeza ubwo babiri muri bo batashoboraga guhagarara ahubwo bari bubitse inda ku meza imbere y’abacamanza.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko babiri mu basivile bagejejwe mu rukiko baciwe ihazabu y’amayero 50 abandi bahanishwa igifungo cy’imyaka 30 n’ihazabu y’amayero 2700.

Amategeko y’u Burundi ateganya ko mu gihe abaregwa baramuka batishyuye ihazabu baciwe, igifungo cyabo gihita cyikuba kikagera ku myaka 55.

Abasirikare b'u Burundi bacunze umutekano mu gihe cy'amatora mu 2015 i Bujumbura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages