00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Abasirikare bagerageje guhirika Perezida Nkurunziza bagejejwe imbere y’urukiko

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 17 May 2015 saa 07:45
Yasuwe :

Abasirikare n’abapolisi 18 bari mu bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza ariko umugambi wabo ukaza kuba imfabusa, bagejejwe imbere y’ urukiko rw’ ikirenga i Bujumbura bashinjwa kugerageza gukuraho inzego z’ igihugu.

Mu bashyikirijwe ubutabera harimo na Jenerali Cyrille Ndayirukiye nawe yari mu bashyikirijwe urukiko nk’ uko byemejwe n’ umwe mu bunganira abaregwa.

Gen. Cyrille Ndayirukiye yari uwa kabili kuri Maj Gen Godefroid Niyombare wagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza, yafashwe n’ ingabo za Leta mu gitondo cyo kuwa gatanu w’ iki cyumweru hamwe n’ abakomiseri bakuru babiri ba Polisi y’ u Burundi.

Abunganira abaregwa bavuze ko abakiriya babo batawe muri yombi mu buryo bubi ndetse bakomeza gufatwa nabi kuko bari bambitswe amapingu babiri babiri kandi bakimwa ibiryo.

Aba basirikare bo bavuze ko bafashwe ubwo bageragezaga kurengera Radiyo RPA yari yasagariwe.

RFI dukesha iyi nkuru, ivuga ko ubwo bagezwaga imbere y’ urukiko, abasirikare bakuru, batambaye inkweto, nibo bari kumwe n’ ababunganira kuko abunganizi bagenwe n’ ihuriro ryabo ko bagomba kunganira abasirikare n’ abapolisi bato, ngo bazitiwe n’ inzego zishinzwe umutekano kuko batari bafite amazina yuzuye y’abo bagiye kunganira.

Ibibazo byakomeye cyane mu Burundi kuwa gatatu tariki 13 Gicurasi, ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yari yitabiriye inama y’ abakuru b’ ibihugu mu karere, maze Maj Gen Godefroid Niyombare agatangaza ko afashe ubutegetsi ariko iyi kudeta ikamupfubana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages