Ku bw’iyi nama ihuje imitwe y’abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi yashinzwe mu ntangiriro za Kanama i Addis Ababa, yemeza ko Perezida atari Perezida n’ubwo yarahiye kuyobora indi myaka itanu.
Nk’uko RNA ibitangaza, CNARED ivuga ko Kuwa 20 Kanama 2015, Nkurunziza yarahiriye manda ya gatatu itemewe.
CNARED isanga kurahira kwa Nkurunziza ari ugukorera kudeta amasezerano ya Arusha n’Itegeko Nshinga nubwo imiryango itandukanye harimo imiryango mpuzamahanga itarahwemye kumusaba kubyubahiriza.
CNARED ikaba yatangaje ko itemera Pierre Nkurunziza nka Perezida wa Repubulika y’u Burundi, ikavuga ko yiteguye kuganira na we ku mabwiriza n’imirongo byo kurekura ubutegetsi.
Iyi nama CNARED yahamagariye umuryango w’abibumbye, Umuryango w’Afrika yunze ubumwe,Umuryango w’Afurika y’Ibuarasirazuba, Umuryango w’ibihugu by’i Burayi, Leta zunze ubumwe za Amerika n’ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga kutemera inzego z’ubutegetsi zavuye mu matora yaranzwe n’ubwicanyi.
Yahamagariye kandi Abarundi kuba maso bagahangana n’inzego zagiye ku butegetsi ku ngufu.
Perezida Nkurunziza yatorewe manda ya Gatatu Kuwa 21 Nyakanga 2015. Ni manda abatavuga rumwe na we, sosiyete sivile, Kiliziya Gatolika n’imiryango mpuzamahanga bavuga ko inyuranyije n’Itegeko Nshinga.
Imvururu zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza zatangiye mu mpera za Mata. Izi mvururu zaranzwe n’ubwicanyi n’abaturage bahungiye mu bihugu by’abaturanyi.
Cyprien Niyomwungeri
[email protected]



















TANGA IGITEKEREZO