00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi:Umuyobozi mukuru mu ngabo yarusimbutse

Yanditswe na

Robert Musafiri na Umukunzi Denise

Kuya 30 November 2015 saa 11:02
Yasuwe :

Umusirikare Mukuru mu ngabo z’u Burundi yakomerekeye mu gitero cyagabwe ku modoka ye n’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana ku Cyumweru.

Mu birometero makumyabiri uvuye ku murwa mukuru w’u Burundi niho Koroneli Serge Kabanyura yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi barasa imodoka yari arimo akomereka ku kaboko, uwari umutwaye, abamurinda bane nabo barakomereka.

Aho arwariye mu bitaro, umwe mu basirikare bakomeretse yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko Colonel Serges Kabanyura wahoze ukora mu mutwe w’ingabo zishinzwe umutekano wa Perezida ari we wagabweho igitero n’abantu bitwaje intwaro.

Yagize ati “Abantu batanu bafite imbunda bambaye imyenda ya gisirikare bahagaritse imodoka twarimo ubwo twerekezaga mu Mujyi wa Bujumbura rwagati. Bamaze kubona ko turi abasirikare bahise batangira kuturasaho ndetse natwe dutangira kurasana nabo barahunga basiga bakomerekeje batanu muri twe.”

Iki gitero kije gikurikira icyagabwe kuri umwe mu bavugizi ba Perezida Nkurunziza mu cyumweru gishize, umwe mu bamurindaga arakomereka.

Kuva mu kwezi kwa kane mu Burundi hatangiye imvururu zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Pierre Nkurunziza itavugwagaho rumwe. Abarenga 200 bamaze gupfa naho abandi barenga ibihumbi 200 bahunze igihugu.

Manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza itaravuzweho rumwe yabaye intandaro y'umutekano muke mu Burundi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages