Komiseri wa Polisi Ndirakobuca [ipeti rye ringana na Lieutenant General mu gisirikare], afatwa nka Minisitiri w’Intebe wungirije kubera inshingano afite n’uburambe.
Ndirakobuca afite icyasha cyo kuba ari umwe mu bafatiwe ibihano byinshi bari muri guverinoma ya Ndayishimiye. Yahanwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Leta zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, u Bufaransa, u Busuwisi.
Byose byamuhaniye guhonyora uburenganzira bwa muntu mu mvururu za politiki zo mu 2015, ubwo abaturage bamaganaga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza.
Hari abandi bo muri polisi no mu rwego rw’ubutasi bahanwe ariko nta n’umwe wigeze afatirwa ibihano n’ibihugu byinshi nka Ndirakobuca. Urugero nka EU imushinja ibikorwa by’ihohoterwa, gukoresha ingufu z’umurengera ndetse no kudakurikiza amategeko agenga uburenganzira bwa muntu mu gihe cyo kwiyamamaza ku matariki ya 26, 26 na 28 Mata mu turere twa Nyakabiga na Musaga muri Bujumbura”.
Leta zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje ko abatangabuhamya bavuze uko ‘Ndirakobuca yarashe umusivili muri Musaga muri Kamena 2015.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rukaba rwaratangiye iperereza ku byaha bikomeye byakozwe n’abarimo Ndirakobuca.
Uyu mugabo kandi azwiho iterabwoba rikomeye aho nko mu 2010 umupolisi witwa Jackson Ndikuriyo, yanditse yamagana ruswa iri muri polisi y’igihugu agaterwa ubwoba na Ndirakobuca wari umuyobozi wa polisi wungirije. Bidatinze kuwa 26 Kanama uwo mwaka, Ndikuriyo yatwawe n’abapolisi bajya kumwica. Imiryango nka Human Rights Watch yamaganye ubu bwicanyi ndengakamere.
Uwahoze ari Visi Perezida w’Urukiko rurengera Itegeko Nshinga, Sylvère Nimpagaritse, na we yumvise bikomeye iterabwoba rya Ndirakobuca. Mbere y’ijoro ryo kuwa 30 Mata 2015, yahamagawe na Ndirakobuca amutera ubwoba nyuma y’uko uwo munsi urukiko rwari rwaganiriye kuri manda ya gatatu ya Nkurunziza.
Abacamanza benshi barimo Nimpagaritse, bagaragaje ko manda ya gatatu inyuranye n’itegeko nshinga rya 2015 ndetse n’amasezerano ya Arusha yo mu 2000 ari yo rishingiyeho.
Ndirakobuca yiyemeje guhindura ibyo urukiko rwemeje. Nimpagaritse yahamagawe kuri telefoni n’umuntu mu ijwi nk’irya Ndirakobuca amubwira ko agomba guhitamo urupfu n’ubuzima. Bukeye bwaho we n’umuryango we barahunze kubera iterabwoba rya Ndirakobuca.
Ndirakobuca anashinjwa urupfu rwa Ernest Manirumva wari Visi Perezida wa Olucome, umuryango urwanya ruswa. Mu gitondo cyo kuwa 9 Mata 2009, umurambo wakorewe iyicarubozo wa Ernest Manirumva wasanzwe imbere y’inzu ye.
Mbere yo kwicwa yari amaze iminsi akora iperereza ku bitero byitwaje intwaro byavugwaga ko zaguzwe na polisi y’igihugu zikohererezwa abarwanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi Loni yaje kubyemeza muri raporo yayo.
Urwego rushinzwe iperereza muri Amerika (FBI) ndetse n’urwo mu Burundi zategetse ko abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano babazwa urwo rupfu. Muri Nyakanga 2010, FBI yasabye ADN ya Ndirakobuca washyirwaga ku isonga mu bashinjwa uru rupfu rwa Manirumva.
Ndirakobuca ntiyigeze akurikiranwa ndetse n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bwanze gutanga ADN ye ahubwo uwari umushoferi we, Sylvestre Niyoyankunze, wakekwagaho gutwara umurambo wa Manirumva awusubiza mu rugo, yarasiwe mu kabari agirwa intere aza kuburirwa irengero ari mu bitaro.
Niyoyankunze ni umwe mu bapolisi wari uzi byinshi ku byakozwe n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano. Uyu yarishwe aburirwa irengero.
Ibi byaha kimwe n’ibindi byinshi, abakurikiranira hafi ibibera mu Burundi bavuga ko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ari rwo ruhanzwe amaso ku kubaza Ndirakobuca amaraso yamennye igihe kirekire.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!