Aya mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaramo Imbonerakure, umutwe w’urubyiruko rushyigikiye ishyaka riri ku butegetsi,CNDD-FDD.
BBC yatangaje ko aya mashusho amara iminota ibiri, ndetse ari mu rurimi rw’Ikirundi ahamagarira imbonerakure gutera inda abagore batavuga rumwe n’ubutegetsi kugirango bazabyare izindi mbonerakure.
Kuva Perezida Nkurunziza yafata icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu, avugwaho kuba intandaro y’amakimbirane n’umutekano muke bikomeje kuvugwa mu Burundi.
Hari hashije igihe imiryango mpuzamahanga, isaba ko abafata abagore n’abakobwa ku ngufu nk’intwaro y’intambara bakurikiranwa.



















TANGA IGITEKEREZO