00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Amatora atekanye abonwa nk’inzozi niba abenegihugu bakomeje guhohoterwa

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 3 February 2015 saa 07:04
Yasuwe :

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ishyirahamwe EHAHRDP rishinzwe kurengera abaharanira uburenganzira bwa muntu, cyerekana ko abaturage bakomeje guhohoterwa na leta mu buryo bukabije, bikaba bishobora gutuma amatora abamo imbogamizi nyinshi.
Iki cyegeranyo cyakozwe na EHAHRDP (East and Horn of Africa Human Rights Defenders Project), ishyirahamwe rikorera mu Burundi, Djibouti, Erythrée, Ethiopie, Kenya, u Rwanda, Somaliya, Soudan, Tanzanie na Uganda.
Ubwo cyasohorwaga kuwa mbere (…)

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ishyirahamwe EHAHRDP rishinzwe kurengera abaharanira uburenganzira bwa muntu, cyerekana ko abaturage bakomeje guhohoterwa na leta mu buryo bukabije, bikaba bishobora gutuma amatora abamo imbogamizi nyinshi.

Iki cyegeranyo cyakozwe na EHAHRDP (East and Horn of Africa Human Rights Defenders Project), ishyirahamwe rikorera mu Burundi, Djibouti, Erythrée, Ethiopie, Kenya, u Rwanda, Somaliya, Soudan, Tanzanie na Uganda.

Ubwo cyasohorwaga kuwa mbere tariki ya 2 Gashyantare 2015, hagaragajwe uburyo abaharanira uburenganira bwa muntu mu Burundi babangamirwa mu bikorwa byabo, mu gutumizwa shishi itabona mu Nkiko badasobanuriwe impamvu, guterwa ubwoba no kugabwaho ibitero.

abitabiriye berekana agatabo karimo icyegeranyo

Mu mashyirahamwe agera kuri 50 baganiriye, basanze mu mwaka wa 2014, ubucuti hagati y’abayobozi b’u Burundi n’aharanira uburenganzira bwa muntu bwaraguye cyane kuko ngo bafatwa nk’abanzi b’igihugu, cyane iyo bashyize ahabona ibitagenda neza bagafatwa nk’abakorera amashyaka atavuga rumwe na leta.

Abanyamakuru na bo barahohoterwa bakanaterwa ubwoba

Iki cyegeranyo kigaruka kandi ku ihohoterwa n’iterabwoba bikorerwa abanyamakuru, aho hatangwa urugero rw’abagera kuri batanu (5) bakurikiranywe n’ubutabera guhera mu mwaka w’2014, hamwe na Bob Rugurika, umuyobozi wa radiyo RPA umaze ibyumweru bibiri mu gereza.

Iryo shyirahamwe rikagaya uburyo abanyamakuru bategekwa kuvuga aho baba bakuye amakuru, bivuye kw’itegeko rigenga umwuga w’itangazamakuru rikivugwamo inenge, EHAHRDP igasaba ko iryo tegeko ryokosorwa.

Leta y’u Burundi yibukijwe muri icyo cyegeranyo ko ari yo ibazwa bwa mbere umutekano w’abaharanira uburenganzira bwa muntu hamwe n’ubw’Abarundi muri rusange.

Yasabwe gusuzuma niba abakozi bayo barimo abapolisi, abasirikare, abacamanza n’abandi, bubahiriza uburenganzira bwa muntu ku bavuga ko izi nzego zibahohotera.

Amategeko u Burundi bwashyizeho umukono mu bijyanye no kubahiriza ubwigenge bwo gutanga ibitekerezo byawe n’inama , iri shyirahamwe risaba ko byakubahirizwa.

abitabiriye igikorwa cyo kumurika icyegeranyo

Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu (Commission Natioanale Independante des Droits de l’Homme - CNIDH ) isabwa kumenya ko umwanya w’amatora ari igihe kitoroshye ku baharanira uburenganzira bwa muntu, ari na yo mpamvu leta y’u Burundi n’amashyirahamwe mpuzamahanga, bakwiye gukora ibishoboka byose bakubahiriza umutekano n’uburenganzira bw’abenegihugu bitangira abandi.

Kugeza ubu amatora y’umukuru w’Igihugu mu Burundi asigaje amezi atatu ngo atangire, EHAHRDP ikavuga ko niba nta gikozwe, amahirwe y’uko haba amatora atekanye mu Burundi ari make.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages