Rugurika yarekuwe mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki ya 18 Gshyantare, ariko we yanga gusohoka kubera impungenge z’umutekano we. Byatumye asohoka mu gitondo cyo kuwa kane, aho mu masaha ya saa tatu yari ageze mu Mujyi wa Bujumbura, abantu bakaba bari uruvunganzoka baje kumwakira.
Akigera radiyo abereye umuyobozi, Rugurika yabanje gushima Imana, yongeraho ko hakiriho abarundi b’umutima bamubaye hafi mu gihe cy’umwezi yari amaze afunze. Yashimiye kandi abamukijije, ashimira Polisi ndetse na bamwe mu barwanashyaka ba CNDD FDD ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi.
Yongeyeho ati "Abarundi b’umutima baracyahari. Abapolisi ni abantu bashinzwe umutekano w’abaturage, bige ko ziriya mbunda bahabwa atari izo kurashisha ku baturage."
Rugurika yatangaje ko hari abapolisi bamusanze muri gereza bamubwira ko yashimira Imana, ngo kuko kuba akiriho ari ubushake bwa yo, nyuma y’uko hateguwe imigambi myinshi yo kumwivugana muri gereza ya Muramvya aho yari afungiwe. Ibyo ngo bisobanurwa n’uburyo yahinduriwe aho gufungirwa, akajyanwa i Muramvya mu modoka itagira icyapa kiyiranga (plaque).
Yashimiye abo bapolisi b’umutima bakomeje kumwibira amabanga, ari na ho yahereye yemeza ko muri Polisi y’u Burundi hakirimo abakunda igihugu, bafise umutima wa kwimiriza ineza imbere, ati “N’ejo abapolisi bari baje kunyiba, n’ubwo bari bahawe itegeko ryo kunterura ku ngufu, ntibabikoze."
Mu byishimo byinshi bivanze n’imvamutima (Emotions), Bob Rugurika yatangaje ko kuba RPA ikiriho kandi ikora, na we akaba arekuwe, bityo ikaba ari intsinzi y’abarundi b’umutima, na bamwe mu bari mu ishyaka rya CNDD FDD bakomeje kumwoherereza ubutumwa bamubwira ko bamushyigikiye.
Bob Rugurika yatawe muri yombi muri Mutarama, azira inkuru zicukumbuye yakoze akanatangaza kuri radio RPA abereye umuyobozi, zikaba zari zerekeranye n’iperereza ryakozwe ku rupfu rw’ababikira batatu bishwe muri Nzeri umwaka ushize.
Muri iryo perereza ryakozwe na radiyo yaganiriye n’umurundi wiyemerera ko yitabiriye inama ebyiri zo gutegura ubwicanyi bwahitanye abo babikira zabereye mu kabari kitwa Iwabo w’abantu kitwa kwa Gen. Adolphe Nshimirimana wahoze ayobora urwego rw’iperereza.
Uyu Murundi yavuze ko muri iyi nama harimo uyu mujenerali Adolphe Nshimirimana, umupolisi Ayubu, na Majoro Joseph Niyonziza bita Kazungu na Harushimana Guillaume ushinzwe imari mu kigo Centre Jeunes Kamenge n’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO