Patrick Spirlet uhagarariye EU mu Burundi atangaza ko kwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza mu matora yo mu 2015, bishobora guteza umwuka mubi mu gihugu, ibi akaba yabitangarije abanyamakuru nyuma yo kubonana na bamwe mu baminisitiri.
Patrick Spirlet yemeza ko amasezerano y’amahoro ya Arusha, akwiye kwubahwa, cyane ko adaha uburenganzira na bumwe umukuru w’igihugu Pierre Nkurunziza, kongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi muri manda ya gatatu.
Yasabye Leta kutagarukira ku kubahiriza ayo masezerano, ahubwo ikumva kandi igaha agaciro abayihanura yaba abari mu mashyirahamwe atandukanye, cyane ko ari yo yakunze kugira byinshi avuga kuri iyo manda ya gatatu.
Laurent Kavakure Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, yavuze ko amasezerano ya Arusha akenewe , ariko ko Itegeko Nshinga ry’u Burundi na ryo riza riruta andi mategeko yose.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Leta zunze ubumwe za Amerika, Kiliziya Gatulika mu Burundi, imiryango itegamiye kuri Leta, bakunze kwibutsa ko Amategeko agenera Perezida Nkurunziza manda ebyiri gusa, ku buryo aramutse yongeye kwiyamamaza yaba yaba ahonyoye Amategeko, ndetse bikaba bishobora guteza imirwano mu gihugu.
Perezida Nkurunziza yatorewe kuyobora u Burundi mu 2005 atowe n’Inteko Ishinga Amategeko, atorerwa indi manda mu 2010 atowe n’abaturage, ari na ho bamwe bahera bavuga ko manda ya mbere yari inzibacyuho, bityo akaba ayoboye manda imwe.
Amasezerano y’Amahoro ya Arusha yo mu 2000 ari na yo akomokaho Itegeko Nshinga ateganya ko nta mukuru w’igihugu mu Burundi uzatorerwa kuyobora imyaka irenga 10.



















TANGA IGITEKEREZO