00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: ’Gen. Ndayirukiye yagerageje guhirika ubutegetsi arengera Itegeko Nshinga’

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 5 January 2016 saa 06:06
Yasuwe :

Gen. Cyrille Ndayirukiye, umwe mu bashatse guhirika ku butegetsi Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza , yatangarije urukiko kuri uyu wa mbere ko yagize uruhare mu bashatse guhirika ubutegetsi agamije kurinda abaturage no guharanira iyubahirizwa ry’amategeko.

Uyu mugabo yagaragaye mu rukiko ku wa Mbere tariki ya 04 Mutarama 2016 yiburanira aho kugira ngo yiyambaze abamwunganira mu mategeko.

Mu kwisobanura, yavuze ko nk’umusirikare atari kurebera ubwicanyi igipolisi cyakoreraga abaturage.

Yagize ati “Ntabwo nagombaga kurebera Polisi yica abaturage, mu gihe Perezida Nkurunziza yabaga ari kwikinira umupira, abasirikare bari mu cyeragati batazi icyo bakwiye gukora”.

Yongeraho kandi ko bashatse guhirika ubutegetsi mu rwego rwo kurinda amasezerano ya Arusha ndetse n’Itegeko Nshinga ry’u Burundi ngo ridakomeza kuvogerwa.

Avuga ko abagabo atanga ari, Gen. Pontien Gaciyubwenge, wari Minisitiri w’Ingabo w’iki gihugu ndetse na Gen. Prime Niyongaba, wari umukuru w’ibiro bya gisirikare ko bafite icyo babivugaho.

Gen. Cyrille Ndayirukiye, afatwa nk’umwe mu nkingi za mwamba zari ku ruhembe rwo guhirika ubutegetsi, umugambi wabo ukaza gupfuba.

Abapolisi n’Abasirikari 28 ni bo bashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza, ariko uwari ku isonga Godefroid Niyombare we ntawe uzi irengero rye.

Gen. Cyrille yagaragaje impamvu yagize uruhare mu guhirika ubutegetsi
Ubwo Gen Cyrille yari amaze gutabwa muri yombi kuwa 15 Gicurasi 2015

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages