Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ibiro by’umunyamabanga mukuru wa loni mu itangazo ryashyizwe ku mugararo kuri uyu wa kabiri, Ban Ki-Moon yasabye ko ubuzima bw’uyu mugabo uharanira uburennganzira bwa muntu bwakongera kumera neza ndetse hagakorwa n’iperereza ryimbitse ku baba baramurashe, bagashyikirizwa ubutabera.
Pierre Claver Mbonimpa yarashwe n’abantu batazwi umunsi umwe nyuma y’urupfu rwa Gen. Adolphe Nshimirimana.
Umunyamabanga mukuru wa Loni yavuze ko izi mvururu zishobora gukurura ubwumvikane buke mu barundi, asaba ko hasubukurwa ibiganiro hagati ya leta n’abatavuga rumwe na yo mu gushakira umuti ibibazo iki gihugu gifite.
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu HRW, na wo wamaganye iki gikorwa kigayitse cyo kurasa Mbonimpa.
Daniel Bekele uhagarariye HRW ishami rya Afurika, yavuze ko imvururu mu Burundi zatumye indorerezi z’uburenganzira bwa muntu zizinga utwazo n’abanyamakuru bo mu Burundi ndetse ngo Mbonimpa akaba umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu wahumirije akahaguma.
Pierre Claver Mbonimpa yagaragaje kudashyigikira manda ya 3 ya Nkurunziza akaba yaranabifungiwe ariko nyuma y’’amasaha 24 arongera arafungurwa.
Tukamwibonera Leonard
[email protected]
Twitter: @Tukamwibonerale



















TANGA IGITEKEREZO