00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Umuryango wa Radjab Hussein ntuvuga rumwe na Leta ku itoroka rye

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 4 March 2015 saa 09:17
Yasuwe :

Umuryango wa Hussein Radjabu ndetse n’umwunganira mu Mategeko barashinja Leta kumushimuta ngo yicwe, ikayobya uburari ivuga ko yatorotse Gereza nkuru ya Mpimba.

Ku wa mbere tariki ya 2 Werurwe 2015, leta y’u Burundi yatangaje ko Hussein Radjabu wahoze ari umukuru wa CNDD FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, yaratorotse gereza ya Mpimba nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ubutabera muri iki gihugu Eliason Bigirimana.

Radjabu Hussein ngo yatorotse mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, atotokana n’abanyururu batatu n’abapolisi batatu barimo n’uwacungaga iyi gereza Horicumpende Ezechiel.

Niyoyankana Prosper, uburanira Hussein Radjabu yatangarije BBC ko bafite impungenge z’uko Radjabu yaba yarashimuswe kimwe n’uko byagiye bikorerwa abandi banyururu muri iyo gereza, bikavugwa ko batorotse, atanga urugero rwa Kagabo Evariste, Birori Nestor na Jean Petit Nduwimana wari umuyoboke we na bo byagendekeye gutyo.

Niyoyankana yavuze ko ibyo bimenyerewe mu Burundi aho abantu bavuga ko batorotse nyuma hakaza kuboneka imirambo yabo.

Umuvandimwe wa Radjabu, Yasini Radjabu yavuze ko bafite impungenge ko mukuru we yaba yarashimuswe ngo yicwe.

Ati “Ko mu Burundi bamenyereye gushimuta abantu wamenya gute ko yatorotse cyangwa batamushimuse? Muheruka mu kwezi gushize, nta kibazo yari afite.”
Yakomeje avuga ko umuryango we ufite impungenge kuko ari kenshi “leta ya Pierre Nkurunziza yashatse kumwica ibicishije ku bandi bantu, ariko bikananirana.”

Anavuga ko uretse amakuru aca ku mbunga nkoranyambanga avuga ko mukuru we yatorotse ariko nta kibyerekana, nyamara ngo mu minsi mike bizaba byamenyekanye.

Eliason Bigirimana, umuvugizi w’ubutabera muri iki gihugu yahakanye amakuru avuga ko Radjabu yaba yarashimuswe, yemeza ko yatorotse abifashijwemo n’abapolisi, gusa ngo hatangiye amaperereza kugirango bafatwe, hasakwa aho Polisi ikeka ko Radjabu yaba yihishe.

Bakundukize Liboire, Umuvugizi wa polisi y’u Burundi yavuze ko ibyo gusaka byabaye ku munsi w’ejo ariko ko bitakomeje nyamara ngo birasanzwe birasanzwe nubwo bitakomeje.

Hussein Radjabu yatawe muri yombi tariki 27 Mata 2007 akurikiranyweho gushaka guhirika ubutegetsi no guhungabanya umutekano w’igihugu, aza gukatirwa igifungo cy’imyaka 13 mu 2009.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages