Urwo rugendo rwatangiye ahagana saa mbiri n’ igice za mugitondo cyo kuri iki cyumweru ku tariki 9 Kanama 2015, rutangirira hafi y’aho yashyinguwe hazwi ku izina ry’Iwabo w’Abantu.
Abitabiriye urwo rugendo bose bari bambaye imyenda y’umukara, bagenda bucece ntawe uvugana n’undi, kugera ubwo bageze aho Gen.Adolphe Nshimirimana yarasiwe ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama, ari na ho bashyize indabo.
Uru rugendo rubaye nyuma y’icyumweru kimwe gusa Gen.Adolphe Nshimirimana aguye mu gico yategewe mu Kamenge, agahita araswa n’abantu n’ubu bagishakishwa.



















TANGA IGITEKEREZO