00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Byategetswe ko ingingo zipyinagaza abanyamakuru zikurwa mu itegeko

Yanditswe na

Deus Ntakirutimana

Kuya 8 January 2014 saa 10:35
Yasuwe :

Urukiko rushinzwe kubahiriza itegeko nshinga mu Burundi rwamenyesheje ko zimwe mu ngingo zigize itegeko rigenga abanyamakuru muri iki gihugu zavanwamo kuko zitagendeye ku itegeko nshinga.
Ibi uru rukiko rwabitangaje nyuma yuko Ishirahamwe ry’abanyamakuru mu Burundi (Union Burundaise des Journalistes- UBJ) ryari ryatanze ikirego ko zimwe muri izo ngingo zitubahirije itegeko nshinga kandi ko zigena ibihano bihanitse ku banyamakuru. Abagize iri huriro batanze ikirego basaba ko uru rukiko (…)

Urukiko rushinzwe kubahiriza itegeko nshinga mu Burundi rwamenyesheje ko zimwe mu ngingo zigize itegeko rigenga abanyamakuru muri iki gihugu zavanwamo kuko zitagendeye ku itegeko nshinga.

Ibi uru rukiko rwabitangaje nyuma yuko Ishirahamwe ry’abanyamakuru mu Burundi (Union Burundaise des Journalistes- UBJ) ryari ryatanze ikirego ko zimwe muri izo ngingo zitubahirije itegeko nshinga kandi ko zigena ibihano bihanitse ku banyamakuru.
Abagize iri huriro batanze ikirego basaba ko uru rukiko rwagira icyo ruvuga kuri izi ngingo.

Amakuru dukesha abanyamakuru ba IGIHE bari i Burundi akomeza avuga ko ingingo zari zashyikirijwe uru rukiko harimo ko abanyamakuru bazajya bacibwa amafaranga menshi nk’ihazabu n’ingwate mu gihe umunyamakuru yakoze ikosa mu mwuga we.
Alexandre Niyungeko, umuyobozi wa UBJ yavuze ko yishimiye kubona uru rukiko rwemeje ko hari zimwe mu ngingo zigaragara mu itegeko rigenga abanyamakuru zashyizwemo kandi zidakurikije amategeko.

itegeko rigenga umwuga w’itangazamakuru mu Burundi ryateje ibibazo hagati y’abagize inteko nshingamategeko mu Burundi mu gihe ryigagwa ngo ryemezwe.
Amashyirahamwe y’abanyamakuru n’imiryango yigenga baba abo mu Burundi no mu mahnaga bakomeje gusaba perezida w’iki gihugu kudashyira umukono kuri iri tegeko kuko ngo rinyuranye n’itegeko nshinga nubwo ntacyo yakoze ku byo yasabwaga ahubwo akarishyiraho uwo mukono tariki ya 4 Kamena 2013.

Mu ngingo uru rukiko rwemeje ko zigumamo zitazahinduka harimo izihana umunyamakuru uha abanzi amabanga y’igihugu, wanduza izina ry’igihugu, umena amabanga y’igihugu n’utuma ubukungu bw’igihugu buhungabana.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages