Mu mugoroba wo kuwa mbere w’iki cyumweru ni bwo Butoyi yavabywe muri Gereza nkuru ya Mpimba, ajyanwa muri ibyo bitaro, nyuma y’uko Leta ibinyujije ku Mushinjacyaha mu ifasi ya Bujumbura asabye ko yasuzumwa hakarebwa niba koko arwaye mu mutwe (expertise medicale).
N’ubwo muri icyo kigo bataremeza neza niba Christian Claude Butoyi arwaye mu mutwe, bavuga ko yahageze agaragaza ibimenyetso by’uburwayi bwo mu mutwe, bakavuga ko barindiriye ibizava mu isuzuma bazamukorera.
Ildephonse Congera, umwe mu baburanira Christian Claude BUTOYI arashima iyo ngingo yo kumukura muri Gereza akajyanwa kuvurwa, kuko batari barahwemye kubisaba, ariko agatangaza ko bagifite amakenga ku cyizere cyagirirwa ibisubizo bizava muri iryo suzuma, cyane ko ubusanzwe rikorwa n’abaganga batatu.
Nk’uko Me Ildephonse Congera akomeza abivuga, umushinjacyaha wasabye iryo suzuma ntiyabikoze uko nk’uko bigomba kugenda, kuko yandikiye ibitaro, mu gihe bica ku baganga batatu.
Ati "Yari kwandikira Minisitiri Minisiteri y’ubuzima, akaba ari we ugena abaganga batatu b’abahanga mu ndwara zo mu mutwe."
Amakenga ya Me Ildephonse Congera ni uko umuganga umwe, ashobora kuzabikora agamije gushimisha ababimusabye, bityo bikazaba binyuranye n’ibisubizo by’ukuri.
Tubibutse ko Christian Claude Butoyi w’imyaka 33 y’amavuka ari we wafashwe ashinjwa kuba yarivuganye ababikira batatu b’abataliyanikazi abanje kubasambanya, bakaba barabaga muri Paruwasi Guido Maria CONFORTI yo muri komine Kamenge.
Akimara gufatwa, Polisi yamweretse itangazamakuru, ikanavuga ko yabishe abahora ko ari abanyamahanga bakorera mu itongo ry’ababyeyi be, nyuma abo babyeyi be baza gutangaza ko nta tongo bigeze bagira mu Kamenge.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu, inshuti ze, hamwe n’ababyeyi be bagiye batangaza ko uwo Christian Claude Butoyi arwaye mu mutwe, bagasaba ko yarekurwa, abishe abo babikira batatu b’Abataliyanikazi bagashakirwa ahandi.



















TANGA IGITEKEREZO