00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere Perezida Nkurunziza agiye gusohoka mu gihugu nyuma ya ‘Coup d’état ’ yapfubye

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 20 July 2017 saa 09:16
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, agiye kugirira uruzinduko rw’akazi muri Tanzania, akaba ari bwo bwa mbere agiye gusohoka mu gihugu nyuma y’uko mu 2015 umugambi wo kumuhirika ku butegetsi uburijwemo.

Itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Perezidansi y’u Burundi rivuga ko Nkurunziza yerekeza muri Tanzania kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2017, aho aza kubonana na Perezida John Pombe Magufuli.

Muri uru ruzinduko rugamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi, Nkurunziza araherekezwa n’itsinda rigizwe n’abayobozi mu nzego zo hejuru barimo Minisitiri w’Umutekano; Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga; Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Minisitiri w’imari, ingengo y’imari n’igenamigambi na Minisitiri w’ingabo.

Nyuma y’imyigaragambyo y’abatarifuzaga ko Nkurunziza akomeza kuyobora u Burundi yatangiye muri Mata 2015, tariki ya 13 Gicurasi 2015 itsinda ry’abasirikare rirangajwe imbere na Gen. Godefroid Niyombare ryatangarije kuri radiyo yigenga ko rimuhiritse ku butegetsi.

Icyo gihe Nkurunziza yari muri Tanzania aho yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC).

Tariki ya 14 Gicurasi nibwo Nkurunziza yabashije gusubira mu gihugu cye, umugambi wo kumuhirika ku butegetsi upfuba utyo ndetse Gen Niyombare n’abari bamushyigikiye bemera ko batsinzwe.

Kuva icyo gihe Nkurunziza waje kongera gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri Nyakanga 2015 ntiyongeye gusohoka mu gihugu, no mu nama mpuzamahanga zikomeye zimureba yoherezaga umuhagarariye.

Imvururu mu Burundi zatumye Abarundi ibihumbi bahungira mu bihugu by’abaturanyi birimo n’u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza na Dr John Pombe Magufuli wa Tanzania

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages