Ukekwa kuba Abubakar Shekau, Umuyobozi wa Boko Haram wavuzwe ko yishwe mu 2013, yihanangirije Perezida Paul Biya na Cameoun ayobora guhagarika gukurikiza Itegeko Nshinga na Demokarasi bibangamira idini ya Islam.
Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, ku rubuga rwa Youtube, hagaragara amashusho y’umuntu ushobora kuba ari Abubakar Shekau cyangwa ari undi usa na we, agaragiwe n’abandi babiri bipfutse mu maso bafite imbunda za AK47, atanga ubutumwa nk’uko basanzwe babigenza gusa bikaba bitoroshye guhita umenya neza uwo ari we kuko ayo mashusho yafatiwe kure.
Ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters bitangaza ko ubutumwa bw’ibanze bukubiye muri ayo mashusho, bugenewe Perezida wa Cameroun Paul Biya, bugira buti: “Ndakugira inama yo guhagarika gukurikiza Itegeko Nshinga na Demokarasi bitari ibya Kiyisilamu (unIslamic). Intero nziza y’amahoro ni ukwicuza ugakurikira Imana (Allah), ariko niba mutabyumva tuzabibumvisha mu ntero y’imvururu.”
Uyu mutwe w’intagondwa z’Abayisilamu wagiye ugaba ibitero bigahitana benshi ndetse ukanashimuta abandi, aho wavugaga ko ugamije gushinga Leta yigenga ya Kiyisilamu mu majyaruguru ya Nigeria, ariko ubu waguriye ibikorwa bya wo mu bihugu bituranye nka Tchad, Niger, ubu hakaba hagezweho Cameroun, ndetse ku Bunani bw’uyu mwaka hakaba harishwe abantu 15 mu gitero cyagabwe ku modoka itwara abagenzi.
Kuva mu mwaka w’2009, Abubakar Shekau yagiye ashyira ahagaragara amashusho, avuga ko ari umuyobozi wa Boko Haram, ariko mu mwaka w’2013 ingabo ziza gutangaza ko yishwe.
Boko Haram imaze igihe ari yo mbogamizi ikomeye ku mutekano wa Nigeria, iki gihugu kikaba cyarakunze gutunga agatoki Cameroun kutagira icyo gikora ngo gihashye uwo mutwe w’intagondwa, ariko iki gihugu na cyo kuva cyatangira kugabwaho ibitero kimaze kwivugana abatari bake mu barwanyi b’uwo mutwe.



















TANGA IGITEKEREZO