00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrica: Babiri bapfuye, 26 barakomereka mu bitero byagabwe ku biro by’amatora

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 14 December 2015 saa 10:23
Yasuwe :

Imirwano ikaze hagati y’umitwe w’abarwanyi ba Seleka n’ingabo zibungabunga amahoro muri Centrafrica (Minusca) yabereye ku biro binyuranye by’itora rya referendum ku itegeko Nshinga kuri iki Cyumweru, yahitanye abantu babiri.

Agace ka PK5 gatuwe n’Abayisilamu katewe n’imitwe yitwaje intwaro kuri iki cyumweru, nyuma y’uko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA zije mu bikorwa byo kurinda abayoboye amatora n’abatora muri rusange mu Murwa mukuru Bangui.

Umuyobozi w’ingabo za MINUSCA, General Bala Keita, yavuze ko aba barwanyi bateraga ibisasu bikaze ku biro by’itora bagamije kubuza amatora gukomeza, ariko bageraga aho bagahagarika imirwano, amatora agasubukurwa.

Muri iyi mirwano hagati y’ingabo za MINUSCA n’ abarwanyi ba Seleka, abantu babiri bahasize ubuzima muri PK5, 23 barakomereka n’abasirikare batatu ba MINUSCA i Bangui na Bria barakomereka.

Kuri iki cyumweru, umutwe wa Seleka watangaje ko usanga mu gihugu cya Centrafrica nta bushobozi bari bagira bwo gutegura amatora adaheza, arimo ubwisanzure kandi yizewe, ahubwo ko bakeneye indi nzibacyuho, nyamara umuvugizi wa Leta, Dominique Said Panguindji avuga ko nta nzibacyuho ya gatatu yabaho kuko abaturage ubwabo na bo batangaza ko bakeneye amatora.

Reuters ivuga ko Itegeko Nshinga rishya riteganya ko ububasha bw’umukuru w’igihugu bugabanuka, bugahabwa Inteko Ishinga Amategeko, bityo hagashyirwaho umutwe wa Sena mu rwego rwo kongerera Inteko Ishinga Amategeko ubushobozi bwo gukora neza inshingano, ndetse ngo riteganya gushyiraho Urukiko mpanabyaha rwihariye ruzajya rukurikirana abakoze ibyaha bikomeye muri iki gihugu.

Muri Centrafrica, amatora ya kamarampaka yaguyemo abantu babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages