00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagati ya Dologuélé na Touadéra hategerejwemo uzakura Centrafrique mu bihe by’intambara

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 15 February 2016 saa 07:02
Yasuwe :

Abaturage bo muri Centrafrique kuri iki Cyumweru bazindukiye mu matora y’icyiciro cya kabiri hagati y’abakandida babiri, Anicet Georges Dologuélé na Faustin Archange Touadéra bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu ndetse nay’icyiciro cya mbere ku bagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ayo matora arabonwa nk’intambwe ikomeye yo kugarura amahoro, ituze na guverinoma igendera ku bwisanzure nyuma y’imyaka itatu icyo gihugu kirangwa n’imvururu kuva Perezida Bozizé yahirikwa ku butegetsi.

Ubwo yiyamamaza, Anicet Georges Dologuélé yavuze ko azazamura ubukungu bw’igihugu ku rwego mpuzamahanga, naho mugenzi we Faustin Archange Touadéra avuga ko natorwa azibanda ku kuganira n’imitwe y’iterabwoba ayisaba gushyira intwaro hasi.

Ayo matora yabereye mu duce dutandukanye yacungiwe umutekano n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique (MINUSCA), mu duce tuzwiho kugira umutekano muke na zone ya gatatu, kane, gatanu ndetse n’iya munani naho ahasigaye harindwa na polisi ndetse n’abandi bitwaje intwaro.

Mu minsi ishize, Urukiko rw’Ikirenga rwa Centrafrique rwemeje ko abakandida babiri, Anicet Georges Dologuélé wagize amajwi 23,7% na Faustin Archange Touadéra ufite 19%, aribo batsinze icyiciro cya mbere cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki 30 Ukuboza 2015.

RCA, muri Centrafrique kuri iki Cyumweru bazindukiye mu matora y’icyiciro cya kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages