Ayo matora arabonwa nk’intambwe ikomeye yo kugarura amahoro, ituze na guverinoma igendera ku bwisanzure nyuma y’imyaka itatu icyo gihugu kirangwa n’imvururu kuva Perezida Bozizé yahirikwa ku butegetsi.
Ubwo yiyamamaza, Anicet Georges Dologuélé yavuze ko azazamura ubukungu bw’igihugu ku rwego mpuzamahanga, naho mugenzi we Faustin Archange Touadéra avuga ko natorwa azibanda ku kuganira n’imitwe y’iterabwoba ayisaba gushyira intwaro hasi.
Ayo matora yabereye mu duce dutandukanye yacungiwe umutekano n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique (MINUSCA), mu duce tuzwiho kugira umutekano muke na zone ya gatatu, kane, gatanu ndetse n’iya munani naho ahasigaye harindwa na polisi ndetse n’abandi bitwaje intwaro.
Mu minsi ishize, Urukiko rw’Ikirenga rwa Centrafrique rwemeje ko abakandida babiri, Anicet Georges Dologuélé wagize amajwi 23,7% na Faustin Archange Touadéra ufite 19%, aribo batsinze icyiciro cya mbere cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki 30 Ukuboza 2015.



















TANGA IGITEKEREZO