00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Hari impungenge z’uburiganya mu matora ya Perezida

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 28 December 2015 saa 11:05
Yasuwe :

Mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo habe amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishingamategeko muri Centrafrique, bamwe mu bakandida kuri iyi myanya bafite impungenge ko aya matora ashobora kuzabamo uburiganya kuko byanatangiye kugaragara mu itangwa ry’amakarita y’itora.

Aba bakandida bagaragaje impungenge zabo ndetse banatanga ingero z’uburyo mu duce tumwe na tumwe two mu Mujyi wa Bangui itangwa ry’amakarita y’itora ryakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nk’uko BBC ibitangaza, aba bakandida baratunga agatoki bamwe mu bayobozi b’urwego rushinzwe gutegura amatora (ANE) kuba ari bo babifitemo uruhare.

Uru rwego ariko rwo rwatangaje ko ibi bivugwa n’aba bakandida ari ibihuha bidafite ishingiro ndetse rusaba ko batanga ibimenyetso bifatika by’ahabaye uburiganya mu itangwa ry’amakarita.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe ku itariki ya 30 Ukuboza 2015.

Ibikorwa byo kwiyamamaza birarangira kuri uyu wa 28 Ukuboza.

Kuva mu 2013 Centrafrique yagiye mu mvururu nyuma y’aho uwari Perezida François Bozizé ahiritswe ku butegetsi n’umutwe wa Séléka na wo waje kuvanwa ku butegetsi n’ingabo z’u Bufaransa mu ntangiriro za 2014 hagashyirwaho inzibacyuho.

Kuba iki gihugu cyugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo ubukene ntibyabujije abaturage kwitabira ku bwinshi kwiyandikisha kuri lisiti y’itora nk’ikimenyetso cy’uko bifuza kwishyiriraho ubuyobozi bibonamo.

Bamwe mu bakandida bafite impungenge ko aya matora azabamo uburiganya

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages