00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Ibyavuye mu matora ya Perezida byemejwe, ay’abagize Inteko ateshwa agaciro

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 26 January 2016 saa 11:25
Yasuwe :

Urukiko rw’Ikirenga rwa Repubulika ya Centrafrique rwemeje ko abakandida babiri, Anicet Georges Dologuélé na Faustin Archange Touadéra, aribo batsinze icyiciro cya mbere cy’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku itariki 30 Ukuboza 2015, mu gihe ibyavuye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko byo byateshejwe agaciro.

Ibyatangajwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku wa mbere ntibitandukanye cyane n’ibyari byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora aho Dologuélé aza ku mwanya wa mbere n’amajwi 23,7% akurikiwe na Touadéra ufite 19%. Aba bombi bakazahatana mu cyiciro cya kabiri cy’amatora kugira ngo hatorwemo uzaba Perezida.

Abandi bakandida baje ku myanya ikurikira, ni Kolingba ufite amajwi 12% na Ziguélé ufite 11.4%.

RFI,yavuze ko mu gihe ibyavuye mu matora ya perezida byemejwe, Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko nyuma yo kwiga ibibazo bisaga 400 rwagejejweho bigaragaza ko amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko atagenze neza rwafashe umwanzuro w’uko azasubirwamo.

Mu gihe hagitegerejwe indi tariki y’icyiciro cya mbere cy’amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’icyiciro cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu, Guverinoma y’inzibacyuho ni yo izakomeza kuyobora.

Dologuélé na Touadéra nibo bazahatanira umwanya wumukuru w'igihugu mu cyiciro cya kabiri

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages