00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Umuyobozi w’ishyaka FPRC yatangaje ko azahungabanya amatora

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 7 December 2015 saa 12:33
Yasuwe :

Nourredine Adam,umuyobozi w’ishyaka riharanira impinduka no gukunda igihugu (FPRC) ritavuga rumwe na Leta ya Centrafrique yatangaje ko azahungabanya amatora ya Kamarampaka ay’umukuru w’igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe muri iki gihugu ku wa 13 na 27 Ukuboza.

Amakuru atangazwa na Leta y’inzibacyuho ya Centrafrique aravuga ko Adam wahoze ari umuyobozi wungirije w’umutwe wa Séléka yavuze ko atazemera ko agace umutwe wa FPRC ukoreramo kaberamo amatora ya kamarampaka, aya perezida ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Abayobozi muri Leta bavuga ko ibyatangajwe na Adam bikwiye gufatwa nk’igikorwa cy’intambara ndetse na we akaba afatwa nk’umwanzi wa mbere w’ubumwe, amahoro n’ubwiyunge bw’abatuye Centrafrique.

Inkuru ya BBC ivuga ko aba bayobozi baboneyeho guhamagararira abaturage kudaterwa ubwoba n’ibyatangajwe na Adam ahubwo bakazitabira amatora.

Umutwe wa Séléka, Adam yahoze abereye umwe mu bayobozi, ugizwe n’inyeshyamba ziganjemo abo mu idini ya Islamu baturuka mu majyaruguru y’igihugu.

Seleka iyobowe na Michel Djotodia yahiritse ku butegetsi Perezida François Bozizé muri Werurwe 2013, ariko nyuma ingabo z’Umuryango Mpuzamahanga ziza kwirukana Seleka mu ntangiriro za 2014 nyuma yo gushora igihugu mu mvururu zateje ibibazo bya politiki mu buryo bukomeye.

Umuyobozi w’ishyaka FPRC yiteguye guhungabanya amatora ya kamarampaka
Abarwanyi ba Seleka biteguye urugamba rwo guhangana na Leta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages