00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Abasirikare b’Abafaransa barashinjwa gufata ku ngufu abana b’abahungu

Yanditswe na

Bukuru JC

Kuya 30 April 2015 saa 07:45
Yasuwe :

Inzego z’Ubuyobozi mu Bufaransa zatangiye iperereza ku birego bivuga ko ingabo z’igihugu cyazo zari mu butumwa bw’amahoro muri Centre Afrique umwaka ushize, zakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina abana zari zishinzwe gucungira umutekano.

Raporo ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe kurengera Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu yo muri Nyakanga 2014, yagaragaje ko abasirikare b’abafaransa bakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina abana muri Centre Afrique nkuko Minisitiri w’Ingabo w’Ubufaransa yabitangaje kuwa gatatu.

Ibyo birego byagaragaje ko abasirikare 16 b’Abafaransa bashinjwa guhohotera abana b’abahungu 10 bari hagati y’imyaka 8 na 15. Bivugwa ko ibyo bikorwa by’ihohotera rishingiye ku gitsina byakozwe hagati y’Ukuboza 2013 na Nyakanga 2014, hafi n’ikibuga cy’indege cya Bangui.

Umuyobozi mu Muryango ukora ubuvugizi , AIDS-Free World, Paula Donovan yavuze ko abana bakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina n’abasirikare b’abafaransa bavuze ko bari bashonje bakibwira ko bashobora kubona ibiryo babihawe n’abasirikare.

Donovan yabwiye AFP ati “Abana bavuze ko bari bashonje bakibwira ko bashobora kubona ibiryo babihawe n’abasirikare. Igisubizo cyabaye ‘Nimukora ibi, turabaha ibyo kurya’.”

Ibyo birego byatumye hibazwa ku ngabo z’Ubufaransa mu bihugu ziri mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Izo ngabo zifasha mu kurwanya Boko Haram muri Nigeria na Al-Qaida rebels muri Mali mu gihe ziri no mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Cote d’Ivoire.

Amakimbirane ashingiye ku madini muri Centre Afrique kuva mu mwaka wa 2012 yatumye icyo gihugu kigira umutekano muke ari nabyo byatumye ibihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda byoherezayo ingabo mu bikorwa byo kugarura amahoro.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages