Mu itangazo iyo sosiyete yashyize hanze, ivuga ko uwo mwanzuro wo kuba ihagaritse ibikorwa uzatangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023.
Byari bimaze iminsi bihwihwiswa ko iyi sosiyete igiye guhagarika ingendo kugira ngo ibanze gukoresha indege yayo yo mu bwoko bwa Airbus A320 ifite ikibazo muri moteri.
Bijyanye no kubahiriza amabwiriza mpuzamahanga agenga sosiyete z’indege, aho ziba zigomba gusuzumwa zikanakoreshwa ngo zuzuze ubuziranenge butuma umutekano w’abazigendamo ubungabungwa.
Congo Airways isanganywe ibibazo by’indege dore ko yahoze ifite izigera kuri eshatu ariko zose zagiye zipfa zikabura izisimbura.
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iherutse gutangaza ko iri gushaka amikoro yo gutera inkunga iyo sosiyete, kugira ngo ibe sosiyete y’indege ifite icyerecyezo.
Congo Airways isanzwe ikorera ingendo nyinshi imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!