Muri Mata umwaka ushize ni bwo RDC yinjiye bidasubirwaho mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba uhurije hamwe ibihugu birindwi.
Muyaya yavuze ko binjiye muri EAC bashaka ko igice cy’Uburasirazuba bwa Congo kigira amahoro, ariko ngo byazambye kurushaho ku buryo bamwe mu baturage ba Congo “bibaza impamvu bari muri EAC”.
Yagize ati “Ubwo twinjiraga muri EAC, byari bigamije guhuza igihugu cyacu n’ibindi byo mu karere. Ni umuryango wiyemeje amahoro ariko tubona nta kidasanzwe kigerwaho.”
Mu byo yatangarije mu nama yiswe East African Entrepreneurship Conference & Expo kuri uyu wa Gatatu, Muyaya yavuze ko nubwo batishimiye ibimaze kugerwaho, nta gahunda bafite yo kuva muri EAC kuko batifuza intambara.
Ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano mu Burasirazuba bwa Congo, EAC yahise yohereza ingabo zo guhosha imvururu hagati y’impande zombi icyakora ntibyishimiwe na Leta ya Congo kuko yo yashakaga ingabo ziyifasha kurwana.
Manda y’izo ngabo izarangira tariki 8 Ukuboza ariko Congo yamaze gutangaza ko batazongera kuyongera.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!