00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Congo yicujije icyatumye yinjira muri EAC

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 2 November 2023 saa 01:29
Yasuwe :

Minisitiri Ushinzwe Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yatangaje ko ibyo igihugu cye cyari cyiteze ubwo cyinjiraga mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bitagezweho.

Muri Mata umwaka ushize ni bwo RDC yinjiye bidasubirwaho mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba uhurije hamwe ibihugu birindwi.

Muyaya yavuze ko binjiye muri EAC bashaka ko igice cy’Uburasirazuba bwa Congo kigira amahoro, ariko ngo byazambye kurushaho ku buryo bamwe mu baturage ba Congo “bibaza impamvu bari muri EAC”.

Yagize ati “Ubwo twinjiraga muri EAC, byari bigamije guhuza igihugu cyacu n’ibindi byo mu karere. Ni umuryango wiyemeje amahoro ariko tubona nta kidasanzwe kigerwaho.”

Mu byo yatangarije mu nama yiswe East African Entrepreneurship Conference & Expo kuri uyu wa Gatatu, Muyaya yavuze ko nubwo batishimiye ibimaze kugerwaho, nta gahunda bafite yo kuva muri EAC kuko batifuza intambara.

Ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano mu Burasirazuba bwa Congo, EAC yahise yohereza ingabo zo guhosha imvururu hagati y’impande zombi icyakora ntibyishimiwe na Leta ya Congo kuko yo yashakaga ingabo ziyifasha kurwana.

Manda y’izo ngabo izarangira tariki 8 Ukuboza ariko Congo yamaze gutangaza ko batazongera kuyongera.

Muyaya yatangaje ko atishimiye ibyagezweho nyuma y'uko Congo yinjiye muri EAC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages