Iyi raporo itondeka ibihugu 23 bikennye kurusha ibindi ku isi, ikaba yarafashe imyaka ine kuva mu 2009-2013, aho muri byo, 19 ari ibyo ku mugabane wa Afurika kandi bikagaragara ko ari ibihugu birangwa n’umutekano muke.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyoboye urutonde rw’ibihugu bikennye cyane ku isi urebye uburyo bwakoreshejwe mu bushakashatsi harimo umusaruro w’imbere mu gihugu ku muturage (GDP).
Mu buryo bwifashishijwe mu bushakashatsi harimo kureba ubushobozi bwo guhaha ku muturage (Purchasing Power Parity/PPP), hakabamo izamuka ry’ifaranga bigafasha kugereranya abaturage mu bihugu binyuranye.
Umuturage wa DRC yinjiza amadolari 394,25 mu mwaka, akaba arushwa kwinjiza inshuro zisaga 266 n’umuturage wo muri Quatar we ubarirwa ibihumbi 105,091 by’amadolari ku mwaka.
Ubu bushakashatsi kandi bwasimbutse ibihugu bito bito nka Liechtenstein, Nauru, Vatican City, Monaco, San Marino na Andorra.
Ibihugu bitari ibyo ku mugabane wa Afurika byasohowe kuri uru rutonde biyobowe na Afghanistan, Nepal, Haiti na Myanmar.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uru rutonde ikurikiwe na Zimbabwe aho umuturage yinjije amadolari 589,25, hagakurikiraho u Burundi aho umuturage yinjije amadolari 648 na Liberia aho umuturage yinjije amadolari 716,04 ku mwaka.
Muri iyo raporo, u Rwanda ruza ku mwanya wa 160 ku Isi mu bihugu 179.



















TANGA IGITEKEREZO