Umuryango w’Umunyamurenge witwa Semahoro ugizwe n’umugore we n’abana bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana.
Amakuru yatangajwe n’urubuga Imurenge rukunda kugaruka ku buzima bw’Abanyamurenge, yagaragaje ko uyu muryango wari utuye ahitwa ku Mutarure muri Kivu y’Amajyepfo, wishwe kuwa Kabiri tariki ya 12 Kanama 2014.
Abaturanyi babo ngo bumvise amasasu avuga muri iryo joro, ngo bahita batabara basanga umuryango wamaze kwicwa.
Uru rubuga rukomeza rutangaza ko uyu muryango wishwe mu gihe umuryango w’Abanyamurenge ku Isi yose wibuka impunzi z’Abanyamurenge ziciwe mu nkambi yo mu Gatumba muri 2004.



















TANGA IGITEKEREZO