Byatangajwe ku wa Gatatu na Emmanuel Tommy Tambwe Ushindi ushinzwe porogaramu yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare.
Tambwe yavuze ko imitwe myinshi yitwaje intwaro iri mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo, Ituri, Maniema na Tanganyika ahakorera imitwe yitwaje intwaro 252.
Nka Tanganyika ibarizwamo imitwe yitwaje intwaro 19, Maniema ibarizwamo imitwe yitwaje intwaro 20, Kivu y’Amajyepfo ibarizwamo imitwe 136, Kivu y’Amajyaruguru irimo imitwe 64 naho muri Ituri hari imitwe 20.
Tambwe yavuze ko muri rusange bafite imitwe yitwaje intwaro 252 igizwe n’abanye-Congo naho 14 ni iy’abanyamahanga.
Ati “Dufite ikarita igaragaza aho buri mutwe witwaje intwaro uherereye ndetse n’urutonde rw’abayiyoboye. Twamaze gutegura ahantu tuzajya tubahuriza bagashyira intwaro hasi.”
Uyu muyobozi yavuze ko ikibazo basigaranye ari amikoro kugira ngo hatangizwe gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe no kwambura intwaro abagize iyo mitwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!