AFP yatangaje ko abaguye muri iyi ndege yari itwaye ibikoresho by’abasirikare b’u Bufaransa ari abakomoka muri Moldova na ho abakomeretse bakaba barimo abasirikare b’Abafaransa batatu n’umusivili umwe.
Iyi ndege ya Antonov itwara abantu 10 mu gice cyayo cy’imbere, yakoreshwaga mu bikorwa by’ingabo z’u Bufaransa zirwanya ibikorwa by’iterabwoba bizwi nka Barkhane. Izi ngabo zikaba zifite ikigo hafi y’ikibuga cy’indege cya Abidjan gikoreshwa nk’ububiko.
Polisi yo muri Côte d’Ivoire yatangaje ko indege yaguye mu Nyanja ubwo yageragezaga kugwa ku butaka, mu gihe hagwaga imvura nyinshi irimo imirabyo.



















TANGA IGITEKEREZO