Croix Rouge ihangayikishijwe n’ingaruka zikomeye z’amapfa yibasiye ibihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba. Muri Kenya, ibura ry’imvura ryatumye umusaruro ugabanuka, ibiribwa ku isoko birahenda. Ibiciro ku isoko byazamutse ku kigero cya 9 %, ikigero kiri hejuru mu myaka itanu ishize nk’uko tubikesha Jeunne Afrique.
Umunyamabanga mukuru wa Croix Rouge muri Kenya, Abbas Gullet, yavuze ko ikibazo kigenda gikomera umunsi k’uwundi. Umubare w’abana bagaragarwaho imirire mibi ukomeje kuzamuka, bakarwara, kandi amikoro y’imiryango yaragabanutse kubera amatungo yabo menshi yishwe n’amapfa.
Aya mapfa yanatumye habaho kurwanira amazi hagati y’abahinzi n’aborozi, hagwamo ababarirwa muri 30.
Croix Rouge itangaza ko Abanyakenya bashonje bashobora kugera no kuri miliyoni enye mu minisi mike. Kugeza ubu harabarurwa abana 340,000 bari munsi y’imyaka itanu bazahajwe n’imirire mibi.
Uretse muri Kenya, amapfa yagaragaye mu bihugu birimo Somalia na Sudani y’Epfo.



















TANGA IGITEKEREZO