Abo barwanyi ngo binjiye ku kibuga cy’indege cyo muri uwo mujyi ku wa gatanu tariki ya 23 Nzeri, bica umwe mu bakozi baho, batangira kurwana na Polisi, gusa abari aho batangarije BBC dukesha iyi nkuru ko hapfuye abarwanyi 28 abandi bagahunga.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Minisitiri w’itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa Leta ya Congo Lambert Mende yemeje aya makuru ariko avuga ko umubare w’abapfuye utaramenyekana.
Yagize ati “ Ikibuga cy’indege kiri gucungwa na Polisi yacu kuva saa sita z’amanywa yo ku wa Gatanu. Nituramenya umubare w’abapfuye ariko barahari.”
Congo imaze igihe kinini iri mu bibazo by’umutekano muke ahanini iterwa n’imitwe myinshi yitwaje ibirwanisho iba muri icyo gihugu.
Imyigaragambyo yamagana manda ya Gatatu ya Perezida Kabila yabaye ku wa 17 na 18 Nzeri 2016, yahitanye abagera kuri 50 nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Congo MONUSCO ryabitangarije Radio Okapi.
Kamwina Nsapu yishwe na Polisi mu kwezi ku wa 12 Kanama 2016, imushinja gukora ibikorwa by’iterabwoba no guhohotera abaturage bo mu mujyi wa Kananga.



















TANGA IGITEKEREZO