Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yatanze impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi, bane mu bayobozi b’umutwe wa M23 baherutse guhungira mu Rwanda.
Mu cyumweru gishize Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa, Lambert Mende, yatangaje ko igihugu cye cyoherereje Leta y’u Rwanda impapuro mpuzamahanga zita muri yombi, abakekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara, iyicarubozo n’ibindi byaha.
Minisitiri Mende akomeza avuga ko Leta ya Congo Kinshasa itegereje igisubizo kizava mu Rwanda.
Abo Leta ya Congo Kinshasa isaba ko batabwa muri yombi, barimo Jean Marie Runiga Umuyobozi wa M23, n’abayobozi b’ingabo za M23 barimo Baudouin Ngaruye, Eric Badege na Innocent Zimurinda.
Washington Post dukesha iyi nkuru, itangaza ko Baudouin Ngaruye na Innocent Zimurinda bakurikiranweho ibyaha by’intambara.
Ku birebana n’izi mpapuro mpuzamahanga zisaba itabwa muri yombi rya bariya bayobozi bane bo muri M23 baherutse guhungira mu Rwanda, twashatse kubaza Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda niba izo mpapuro zarabagezeho ntibyadushobokera ko kutuvugana. Turacyabikurikirana.



















TANGA IGITEKEREZO