00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EAC: Abakuru b’ibihugu barasuzuma uburyo bwo guhuza umuhora wo hagati n’uwa ruguru

Yanditswe na

Philbert Hagengimana

Kuya 16 February 2015 saa 01:13
Yasuwe :

Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) iteranira i Nairobi muri iki cyumweru, izasuzuma uburyo bwo guhuza umuhora wo hagati n’uwa ruguru, inaheshe intebe Perezida Jakaya Kikwete wa Tanzania asimbura Uhuru Kenyatta ku mwanya w’umuyobozi w’uwo muryango.

The Eastafrican dukesha iyi nkuru itangaza ko ingingo nyamuri izaganirwaho muri iyo nama izahuza abakuru b’ibihugu 5 bigize EAC, ari uburyo butandukanye bwakwifashishwa ngo haboneke miliyoni 100 z’amadolari, agenewe kwifashishwa mu bikorwa remezo, hubakwa umuhora wo hagati ugizwe n’u Burundi na Tanzaniya, n’umuhora wa ruguru, ugizwe na Kenya, Sudani y’Epfo, Uganda n’u Rwanda.

Hazanasuzumwa kandi uburyo iyo mihora yombi yahuzwa, mu rwego rwo guhuriza hamwe ibikorwa by’umuryango wa EAC.

Perezida Kikwete wa Tanzania na Uhuru Kenyatta wa Kenya/Ifoto:kenya-today

Amina Mohamed Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Kenya atangaza ko imishinga y’ibikorwa remezo mu muhora wa ruguru izakomeza uko yakabaye, ariko ikuriwe n’umushinga mugari w’ibikorwaremezo wa EAC, ibyo bikaba ari na ko bigenda ku mishinga y’ibikorwaremezo mu muhora wo hagati.

Ibikorwa remezo bizibandwaho muri izo kollidoro zombie ni iyubakwa ry’inzira ya Gariyamoshi, imihanda, umuyobozo uzanyuzwamo ibikomoka kuri peterori, no koroshya serivisi kuri za gasutamo.

Nk’uko Minisitiri Mohamed akomeza abivuga, ikigamijwe ni ukurwanya idindira n’itinda rya hato na hato ryajyaga ribaho mu buhahirane, hatumizwa cyangwa hoherezwa ibicuruzwa mu mahanga.

Muri iyo nama kandi abakuru b’ibihugu bazaboneraho kwemeza imishinga nyayo igomba gushorwamo miliyari 1,2 y’amadolari ya Amerika.

Perezida Kikwete ni we ugezweho kuyobora EAC n'ubwo manda ye nk'umukuru w'igihugu isigaje amezi atarenze 9/Ifoto:radiomwafrika

Perezida Kikwete usigaje amezi make kuri manda ye nk’umukuru w’igihugu cya Tanzania, ni we ugiye gusimbura Perezida Kenyatta wa Kenya, wari urengejeho amezi make kuri manda ye nk’umuyobozi wa EAC, nyuma y’aho ihererekanya bubasha ryagombaga kuba mu Ugushyingo 2014 ryasubitswe kubera uburwayi bwa Perezida Kikwete.

Iyi nama iteganyijwe muri iki cyumweru, izahuza ba Minisitiri b’imari n’igenamigambi, ndetse n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC ari byo Kenya, Tanzania, Uganda, u Burundi n’u Rwanda, bishobora kwiyongeraho na Sudani y’Epfo itari yemezwa ngo itangazwe nk’umunyamuryango.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages