00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EAC yasabye RDC gukora iperereza ku rupfu rw’abasivile baguye mu myigaragambyo

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 4 September 2023 saa 01:22
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Peter Mathuki yatangaje ko yababajwe n’urupfu rw’abasivile baguye mu Mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 30 Kanama 2023, biciwe mu myigaragambyo.

Iyi myigaragambyo yaguyemo abasivile barenga 40 abandi barakomereka ndetse imitungo irahatikirira.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ubunyamabanga bwa EAC rivuga ko imyigaragambyo yari yabanje kwamaganwa n’inzego z’ubutegetsi bw’ibanze.

Ubuyobozi bwa EAC bwihanganishije imiryango y’ababuze ababo, inshuti n’Abanye-Congo muri rusange, bunifuriza abakomeretse gukira vuba. Bwasabye kandi guverinoma ya RDC gukora iperereza ryimbitse kuri iki kibazo.

Uyu muryango wemera ko ikibazo cy’umutekano muke muri Kivu y’Amajyaruguru no mu Mujyi wa Goma gikomeye ku buryo gishobora guteza akaga.

Umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro muri Kivu y’Amajyaruguru watumye abasivile benshi bapfa abandi bava mu byabo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba binyuze mu mutwe w’ingabo zawo, uri gukorana na Guverinoma ya RDC mu kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu no kwita ku kurinda abaturage b’abasivile nk’uko iri tangazo rikomeza ribivuga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages