00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EAC yavuguruje amakuru yo gushyira hanze ifaranga rihuriweho

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 4 March 2024 saa 06:12
Yasuwe :

Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bwatangaje ko inote yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nk’ifaranga rimwe ry’ibi bihugu ari ikinyoma.

Ku Cyumweru nibwo konti iri ku rubuga nkoranyambaga rwa X yiyitiriye EAC, yashyizweho ifoto y’inote bagaragaza ko ari ifaranga ryemejwe rigomba guhurirwaho n’ibihugu bigize uyu muryango.

Iyi note yakiranywe urugwiro kuko abantu benshi batangiye kuyishyira ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaza ko bishimiye ko EAC igiye kugira ifaranga ihuriyeho.

EAC ifite gahunda yo gushyiraho ifaranga rimwe yatangaje ko inote yashyizwe hanze atari iyayo, iyo iteganya gushyira hanze ikiri mu mishinga.

EAC yahakanye inote yakwirakwiye nk’ifaranga rimwe rizajya rikoreshwa n'ibihugu biri muri uyu muryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages