00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EALA igiye gusubukura imirimo nyuma y’uko Kenya itoye abayihagararira

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 15 December 2017 saa 08:20
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), igiye gusubukura imirimo yayo, nyuma y’igihe yari imaze idakora kubera ko Kenya yari yarananiwe kumvikana ku ishyirwaho ry’abadepite bazayihagararira ariko kuri ubu bakaba bamaze gutorwa.

Biteganyijwe ko imirimo y’iyi Nteko ya kane izatangizwa ku mugaragaro kuwa Mbere tariki ya 18 Ukuboza 2017, i Arusha muri Tanzania.

The Newtimes dukesha iyi nkuru ivuga ko kuwa Kane ari bwo Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya yatoye abadepite icyenda bazahagararira iki gihugu muri EALA.

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri EALA, Bobi Odiko yahamije aya makuru, ndetse avuga ko amatora yabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Kenya imitwe yombi.

Odiko yakomeje avuga ko kuri ubu imyiteguro yo gutangiza Inteko ya EALA iri kugana ku musozo, ahazarahizwa abadepite bashya ndetse hakanatorwa Perezida w’Inteko.

Abadepite bahagarariye u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania, Kenya na Sudani y’Epfo muri EALA bagombaga kurahira bagatangira imirimo yabo ku wa 5 Kamena uyu mwaka ariko biza gusubikwa n’impamvu zirimo kuba Kenya yari itaratora abazayihagararira kubera ukutumvikana ku bakandida.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .