Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuwa Mbere tariki 25 Mutarama ku cyicaro cya EALA i Arusha, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya EALA, Daniel F. Kidega, yavuze ko bashaka kurebera hamwe uko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wavugutira umuti urambye ikibazo cy’ibikorwa by’iterabwoba.
Yagize ati “Inteko yasabye imiryango mpuzamahanga gufatanya na Kenya mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba. Igomba kwibuka ko Kenya itarakira ibikomere yatewe n’igitero cya Al-Shabaab cyagabwe umwaka ushize kuri Kaminuza ya Garissa.”
Nibura abantu 147 biganjemo abanyeshuri baguye muri icyo gitero cyagabwe kuri Kaminuza ya Garissa, abasaga 80 bagikomerekeramo.
The New Times yavuze ko EALA yanenze bikomeye igitero cyo kuwa 15 Mutarama cyagabwe na Al-Shabaab ku ngabo za Kenya, inifatanya n’imiryango y’abahasize ubuzima n’abahakomerekeye.
Icyo gitero cyahitanye ingabo za Kenya zisaga 60, zari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Somalia.



















TANGA IGITEKEREZO